Menya indwara ya “Ablutophobia” yo gutinya amazi yajujubije igitsinagabo

Menya indwara ya “Ablutophobia” yo gutinya amazi yajujubije igitsinagabo

Ablutophobia ni indwara ikunze kwibasira abagabo n’abana bagatinya gukaraba, gukora mu mazi ndetse bakagendera kure ubwogero.
Ubu burwayi bushobora gusetsa ababwumva nyamara burakomeye kuko buteza impagarara mu mutwe w’umuntu uburwaye. Abarwaye iyi ndwara biganjemo igitsinagabo usanga banuka icyuya kibi, kuko abenshi bahitamo kubaho badakaraba kubera gutinya koga ibice byabo by’umubiri.

Uzasanga abayirwaye bakora uko bashoboye ngo bakarabe ariko bikababera ikibazo kibakomereye, abihanganye bakoga ibice bigaragarira amaso y’abantu ibyihishe bikoroswaho imyenda.

Abagabo bayirwaye bisobanura ko koga cyane bitabareba ahubwo bigenewe abagore, nyamara ntibahishure ko batinya amazi mu ibanga.

Abana bato bayirwaye barangwa n’amarira igihe cyose babonye amazi mu ibase bakuwemo imyenda, cyangwa bakoga barwana n’ababoza.

Mu by’ukuri koga bigereranywa n’ubuzima, kuko biri mu bikorwa abantu bashishikarizwa gukora buri munsi. Abarwaye ‘Ablutophobia’ bakomeza kwirengagiza koga kuva mu rukerera kugeza izuba rirenze.

Bihinduka akaga iyo umukobwa cyangwa umugore arwaye iyi ndwara, kuko ntawakwifuza kumwegera dore ko imiterere yabo ibahatira koga nibura kabiri ku munsi.

Abashakashatsi batangaje ko 66% y’abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za America boga nibura rimwe ku munsi, mu gihe 7% boga rimwe mu cyumweru.

Ibimenyetso bigaragaza uwarwaye iyi ndwara birimo: Kuma mu kanwa, isereri, kumva ubabaye igihe cyo koga kigeze, guhumeka umwuka mucye, kurira ku bana bato n’ibindi.

Ibishobora gutera iyi ndwara birimo kuba umuntu yaratotejwe hakoreshejwe amazi, kurohama ariko akarokoka, gukurira mu muryango ubamo umwanda bikagirwa umuco, guhura n’ikibazo cy’ihungungana n’ibindi.

Ku bana bato ho birasanzwe ko batinya amazi akonje ariko niba atinya n’ashyushye bigaragaza ko arwaye. Abayirwaye baganirizwa na muganga gusa, akamenya uko yabafasha agendeye ku byo banyuzemo.

Iyi ndwara imera nko gucanganyikirwa kuri bamwe barimo abana, bagatekereza nabi barimo koga bigatuma banga amazi kubera impamvu runaka. Iyi ndwara ishobora gukira, uwari uyirwaye agatinyuka amazi.

Source: MedicalNewsToday

Aimé Gerald UFITINEMA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Share