Huye: Mu buryo butunguranye habonetse imibiri 24 bikekwako hakirimo n’indi

Huye: Mu buryo butunguranye habonetse imibiri 24 bikekwako hakirimo n’indi

Nyuma y’aho mu kwezi k’Ukwakira 2023 mu Mudugudu wa Ngoma ya 5, uherereye mu Kagari ka Ngoma, Umurenge wa Ngoma, Akarere ka Huye, habonetse imibiri 39 ahacukurwaga fondasiyo y’urugo, bikekwa ko ari iy’abishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku Cyumweru tariki 21 Mutarama 2024, habonetse indi ibarirwa muri 24, kandi gushakisha n’indi birakomeje.

Amakuru yatanzwe na Ange Sebutege, Umuyobozi w’Akarere ka Huye, ni uko iyo mibiri yabonetse ahari hubatse igikoni n’ubundi cyo mu rugo rwa Séraphine Dusabemariya, ari na rwo n’ubundi rwari rwabonetsemo imibiri 39, ahacukurwaga fondasiyo yo kubaka urugo.

Agira ati “Hashingiwe ku iperereza ryakomeje gukorwa n’amakuru yagejejwe ku bugenzacyaha, ejo hatangiye ibikorwa byo gushaka indi mibiri. Habonetse 24. N’uyu munsi igikorwa kirakomeza.”

Abaturiye ahabonetse imibiri bavuga ko ruguru yaho, ugana kwa Hishamunda, ari we se wa Dusabemariya, hashobora kuba hari n’indi mibiri, kuko hari umusarane urebye ushaje, bibaza impamvu udasenywa ngo usimbuzwe undi.

Imirimo yo gushakisha indi mibiri irakomeje

Binavugwa ko imirimo yo gushakisha iyi mibiri yabaye nk’itindaho, kuko nyuma yo kubona amakuru habanje gushakishwa uruhushya rwo gusenya, harimo no kwiyemeza kuzongera kubakira uwasenyewe, mu gihe itahaboneka.

Aimé Gerald UFITINEMA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Share