#Kwibuka31: Ubuyobozi bw’Ishyaka ‘UDPR’ bwifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka inzirakarengane z’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994

#Kwibuka31: Ubuyobozi bw’Ishyaka ‘UDPR’ bwifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka inzirakarengane z’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994

Mu itangazo bageneye Itangazamakuru, Ubuyobozi bw’Ishyaka Riharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR), hamwe n’Abayoboke baryo, bagaragaza ko bifatanyije n’Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’uRwanda Kwibuka ku nshuro yayo ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 .

Bagira bati : “ Turibuka aho abasaga miliyoni bishwe urw’agashinyaguro bazira uko baremwe, ni umwanya wo kwibuka amateka ateye agahinda y’inkomoko ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bishwe bazira uko bavutse “ .

Bakomeza bavuga ko “ tuzahora tubibuka, tubunamira, tubasubiza agaciro n’icyubahiro bambuwe ”.

si ukwibuka gusa kuko hari n’ibikorwa byagakwiye gukorwa…


Ishyaka ‘UDPR’ rivuga ko Kwibuka
wiyubaka, harimo gukora ibikorwa by’urukundo, guteza imbere ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda no guhumuriza Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bakagira ituze n’icyizere cyo kuba mu Rwanda ruzira ingengabitekerezo ya jenoside.

Muri iryo tangazo, Ubuyobozi bw’Ishyaka ‘UDPR’ bushimangira ko Ishyaka UDPR bushyigikiye ingamba z’ubwirizi Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho mu kurengera ubusugire bw’u Rwanda, hamwe no gushakira Afrika amahoro n’ubudaheranwa.

Bagasoza bakangurira buri wese, by’umwihariko umuyoboke wa UDPR kwitanga batizigama, kugira ngo bakomeze kwiyubakira Igihugu kirangwa n’urukundo, ubumwe n’ubudaheranwa, ukurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, n’umuco wo gukunda Igihugu.

Itangazo  ikinyamakuru Impuruza gifitiye kopi, risinyweho n’Umuyobozi mukuru w’Ishyaka, Honorable Depite Nizeyimana Pie, mu magambo maremare riragira riti:

 

Ufitinema Aime Gerard

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *